“Ufite umuryango?”
“Do you have any family?”
“Yego, njye n’umugabo wanjye dufite abakobwa babiri n’umuhungu umwe.”
“Yes, my husband and I have two daughters and a son.”
“Nanjye mfite abakobwa babiri, ariko natandukanye n’umugabo.”
“I also have two daughters, but I’m divorced.”
“Abakobwa bawe bangana bate?”
“How old are your daughters?”
“Mina afite imyaka ine. Yatangiye ishuri ry’incuke. Miriam afite imyaka icumi, bityo na we ariga.”
“Mina is four years old. She goes to preschool. Miriam is ten, so she goes to school.”
“Abana banjye bose bariga. Umuhungu wanjye azarangiza umwaka utaha.”
“All of my children are in school. My son will graduate next year.”
“Ni byiza cyane! Abana bakura vuba cyane. Yifuza kuzakora iki narangiza?”
“That is great! They grow up so fast. What does he want to do afterwards?”
“Arifuza gushaka akazi, ariko mubwira ko agomba kubanza kwiga kaminuza.”
“He wants to get a job, but I tell him he should go to university instead.”
“Icyo gitekerezo ni cyiza. Nanjye nizera ko igihe kimwe abana banjye bazajya muri kaminuza.”
“That’s a good idea. I also hope my children will go to university someday.”